Abamotari muri Kigali bararira ayo kwarika

Abamotari muri Kigali bararira ayo kwarika

Twin_Kids

JF-Expert Member
Joined
Feb 25, 2016
Posts
3,692
Reaction score
5,647
Nyuma y'umwanzuro wa RURA wo kudaha moto zikoresha essence impushya zo gutwara abantu mu mujyi wa Kigali, kuri ubu biravugwa ko abari bazisanganywe, iyo habayeho kuzihererekanya(nyuma y'igurishwa), ubwo na rwa ruhushya yari ifite ruhita ruta agaciro kandi bitewe n'umwanzuro wafashwe, itagomba gukorera muri Kigali. Bivuze ko ubwo no kuzigurisha ku banya Kigali byabaye ikibazo!
 
Ni byo, umwanzuro wa RURA wo kudaha moto zikoresha essence impushya zo gutwara abantu mu mujyi wa Kigali ufite ingaruka zikomeye ku baturage n'abakora mu bwikorezi.

Abari bafite izo moto, by'umwihariko, bashobora kugorwa no kuzigurisha cyangwa kuzihererekanya, kuko ruhushya rwari rufite agaciro rwahise rutakaza agaciro.

Ibi bishobora gutuma habaho ikibazo cy'ubukungu no ku banya Kigali, kuko abenshi bashobora kuba barashoye mu kugura izo moto ku buryo bwihariye, none ubu bakaba bashobora kubura isoko cyangwa kuzigurisha ku giciro cyiza.

Iyi ngingo irakenewe ku bw'inyungu z'abaturage no guteza imbere ubwikorezi butangiza ibidukikije.
 
Ni byo, umwanzuro wa RURA wo kudaha moto zikoresha essence impushya zo gutwara abantu mu mujyi wa Kigali ufite ingaruka zikomeye ku baturage n'abakora mu bwikorezi.

Abari bafite izo moto, by'umwihariko, bashobora kugorwa no kuzigurisha cyangwa kuzihererekanya, kuko ruhushya rwari rufite agaciro rwahise rutakaza agaciro.

Ibi bishobora gutuma habaho ikibazo cy'ubukungu no ku banya Kigali, kuko abenshi bashobora kuba barashoye mu kugura izo moto ku buryo bwihariye, none ubu bakaba bashobora kubura isoko cyangwa kuzigurisha ku giciro cyiza.

Iyi ngingo irakenewe ku bw'inyungu z'abaturage no guteza imbere ubwikorezi butangiza ibidukikije.
Ntabwo nsobanukiwe neza. Uremeranya n'uwo mwanzuro wo kudatanga impushya? Haba hararebwe ku mibereho y'abantu bari batunzwe na zo mbere y'uko uyu mwanzuro ushyirwa mu bikorwa? Ntekereza ko ari ibintu byakagiye bicibwa bucye bucye bidahutiyeho. Niba koko barafashe umwanzuro umeze uko, basi iziri muri Kigali zifashwe kugeza zishaje. Yego na byo ntibyoroshye. Uretse erega ko ari ukubura uko bagira, assurance yonyine ntiyoroheye benshi, bazivana mu muhanda
 
Back
Top Bottom