Ubuyobozi bw'umugi wa Kigali, bwemeza ko hari imiryango 37 yari ituye mu gishanga cyo ku Murindi wa Kigali, bakaba nta ngurane bazahabwa. Ndetse ngo minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu, itegeka ko ibyangombwa byabo biteshwa agaciro. nyamara, ngo bikavugwa ko aho bari bafite imitungo yabo hagomba kwinjiriza igihugu amadevize. Aba bantu, barerekeza he? Barabaho bate? Ibyangombwa bigomba guteshwa agaciro, babikuye he? Abenshi n'abandi bazakurikiraho, ko usanga aho batuye hari ibikorwaremezo birimo amazi n'umuriro, bibageraho bite? Leta ntikwiye kugira abo ibaza inshingano batubahirije?
Maze intumwa ya rubanda, bitoreye, iti abo bantu ahubwo nanjye nshyigikiye ko bakwa ibyo byangombwa hato batazabisabiraho inguzanyo bagahombya leta. Ngiyo intumwa ya rubanda, itanatekereza ko na mbere yo gutanga inguzanyo abo bireba bagera aho ingwate iri.
Maze intumwa ya rubanda, bitoreye, iti abo bantu ahubwo nanjye nshyigikiye ko bakwa ibyo byangombwa hato batazabisabiraho inguzanyo bagahombya leta. Ngiyo intumwa ya rubanda, itanatekereza ko na mbere yo gutanga inguzanyo abo bireba bagera aho ingwate iri.