mwanamwana
JF-Expert Member
- Aug 1, 2011
- 1,309
- 4,798
Amakuru,
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ya Rwanda, NEC, yatangaje gahunda n’amakuru y’ingenzi yerekeye amatora ya Perezida na Abadepite yo mu mwaka wa 2024.
Ibyavuye mu matora by'agateganyo:Ibyavuye mu matora y'umukuru w'igihugu by'agateganyo bizatangazwa mu ijoro ryo ku itariki ya 15 Nyakanga 2024, naho ibyavuye mu matora y'abadepite bizatangazwa ku itariki ya 16 Nyakanga 2024.
Amatora y'Abafite Uburenganzira Budasanzwe:Ku itariki ya 16 Nyakanga 2024, hazaba amatora y'abadepite babiri batorwa n'Inama Nkuru y'Urubyiruko, n'umudepite umwe utorwa n'Inama Nkuru y'Abantu Bafite Ubumuga.
Ibyavuye mu matora by'igihe gito:Ibyavuye mu matora y'umukuru w'igihugu n'abadepite by'igihe gito bizatangazwa ku itariki ya 20 Nyakanga 2024, naho ibyavuye burundu bizatangazwa mbere y'itariki ya 27 Nyakanga 2024.
Igihe cyo kwiyamamaza n'ibyiciro by'amatora:Igihe cyo kwiyamamaza cyatangiye ku itariki ya 22 Kamena 2024 kizarangira ku itariki ya 13 Nyakanga 2024. Amatora azatangira ku itariki ya 14 kugeza ku ya 16 Nyakanga 2024 mu byiciro. Ku itariki ya 14 Nyakanga 2024, Abanyarwanda baba mu mahanga bazatora umukuru w'igihugu n'abadepite 53 baturuka mu mashyaka ya politiki n'abakandida ku giti cyabo. Ku itariki ya 15 Nyakanga 2024, amatora azabera mu Rwanda ku mukuru w'igihugu n'abo badepite.
Amategeko n'amabwiriza:Hakurikijwe itegeko nimero 001/2019.OL ryo ku itariki ya 29 Nyakanga 2019, birabujijwe gukora ibikorwa byo kwiyamamaza cyangwa gutangaza ku munsi w'amatora. Birabujijwe kandi kwambara imyenda ifite ibimenyetso by'amashyaka ya politiki cyangwa abakandida ku giti cyabo. Umukandida ntiyemerewe kwegera ibiro by'itora keretse agiye gutora cyangwa mu gihe cyo kubarura amajwi. Umuturage umaze gutora asabwa guhita ava aho atorera ariko ashobora kugaruka mu gihe cyo kubarura amajwi niba abishaka.
Ibanga n'umutekano:Gutora ni ibanga kandi birabujijwe gufata amafoto mu kibanza cy'itora cyangwa kwereka undi muntu uwo watoye.
Umubare w'abatora n'abagenzuzi:Urutonde rwa burundu rw'abatora rwerekana ko abatora ari 9,071,157, barimo abagabo barenga miliyoni 4.2 n'abagore barenga 53% by'abatora bose, ari bo 4,845,417. Abanyarwanda baba mu mahanga bazatora ni 77,138, barimo abagabo 41,243 n'abagore 35,895.
Itegurwa n'ubugenzuzi:Abakozi b'abakorerabushake barenga 100,000 bashyizwe mu bice bitandukanye by'igihugu gufasha mu matora, kandi abagenzuzi barenga 1,100 bazakurikirana uko amatora agenda.
Mu gihe cy'icyumweru bibiri, Umukuru mushya w'igihugu cya Rwanda azaba azwi.
Paul Kagame(e Rwandan Patriotic Front–Inkotanyi -RPF), Frank Habineza (Democratic Green Party of Rwanda - DGPR) na Philippe Mpayimanaumukandida wigenga
=====
Amakuru agezweho:
======
Komisiyo y'igihugu y'amatora, NEC yatangaje ko umunyarwanda wese utarabashije kwiyimura, akaba yanditse kuri lisiti y’itora ahandi, yemerewe gutorera kuri site y’itora imwegereye agashyirwa ku mugereka
Mu Karere ka Musanze abari kujya gutora bari guhabwa icyayi n'irindazi.
Bamwe banahafatiye ‘Breakfast’: Abanyarwanda bacyereye gutora Perezida mu ituze basanganywe.
Inkoko yari yo ngoma ku Banyarwanda benshi babyukiye kuri site z’itora ngo bigenere amahitamo y’imiyoborere y’imyaka itanu iri imbere, aho baramutse bajya gutora Perezida wa Repubulika ndetse n’Abadepite, mu gikorwa cyari gitegerejwe na benshi. Hari abafatiye ifunguro rya mu gitondo kuri site kuko bazindutse iya rubika.
Ni amatora ya Perezida wa Repubulika y’ay’Abadepite abaye ku nshuro ya mbere ahujwe, aho mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga, mu bice byose by’Igihugu, haramutse hari gukorwa iki gikorwa cy’amatora.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yatangaje ko abatarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora, bafite amahirwe yo kuzuza inshingano zo gutora, kuko bashobora gutorera ahabegereye bagashyirwa ku mugereka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, umunsi wari utegerejwe n’Abanyarwanda benshi, baramukiye mu gikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika, n’ay’Abadepite abaye ku nshuro ya mbere yarahujwe.
Indongozi za Ruhango twazindukiye mu gikorwa cy'amatora, kuri site zitandukanye z'Akarere abaturage bitabiriye iki gikorwa ku bwinshi
Muri iki gitondo, mu gihugu hose Abanyarwanda bazindukiye gutora Umukuru w'igihugu n'abadepite.
Kandida-Perezida w'ishyaka #DGPR Frank Habineza, nyuma yo gutora, yatangajeko afite ikizere cyo gutsinda aya matora ndetse anashima NEC uko yateguye aya matora ugereranyije n'aya 2017.
Umukandida-Perezida wa #DGPR Hon Frank Habineza ari kumwe na Madame we bamaze gutora perezida wa repubulika ndetse n’abadepite kuri site ya GS Kimironko II, akagari ka Bibare, Umurenge wa Kimironko, Akarere ka Gasabo.
Nsengiyumva Janvier, Umukandida wigenga ku mwanya w’Abadepite yatoreye, kuri site y’itora ya Gatsinsino mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Nyanza
Minisitiri w’Ubutegetsi bw'Igihugu JC Musabyimana amaze gutorera umukuru w'igihugu n'abadepite mu karere ka Musanze, umurenge wa Cyuve kuri site ya Gashangiro ya II.
Kuri site ya ULK mu murenge wa Gisenyi, hari imyiteguro idasanzwe, aho abari kujya gutora bari kunyura kuru tapi isashe mu nzira ijya mu cyumba cy'itora
Kuri site zitorerwaho zose, abatora bahazindukiye ndetse bagaragarizwa ko mbere yo gutora, udusanduka dushyirwamo impapuro zitora difunze mu buryo bwizewe
Umukandida Paul Kagame arimo gutora
Umukandida Philippe Mpayimana arimo gutora
Umukandida perezida wigenga Philippe Mpayimana,yatoreye kuri Site ya Camp Kigali, kandi yabwiye abanyamakuru ko afite icyizerecyo gutsinda.
Mpayimana yabwiye abanyamakuru ko natsinda azashyira mu bikorwaimigambi yemereye abaturage kandi ko atabikoze abantu bagomba kubimubaza kukoyabivugiye kumugaragaro.
Mpayimana yashimye uko ibikorwa byo kwiyamamazan’amatora byagenze neza kandi asaba ko guhuza amatora ya perezida n’abagizeinteko ishinga amategeko byakomeza kujya bikorwa ku munsi umwe.
Mu matora ya 2017, Mpayimana nabwo wariumukandida wigenga yabaya uwa kabiri inyuma ya Paul Kagame aho yabonye amajwi0.7%.
Umukandida Frank Habineza arimo gutora
Umukandida perezida Frank Habineza amaze gutorera kuri site y’itora ya GS Kimironko II iKigali, nyuma yo gutora yabwiye abanyamakuru ati:
“Ndumvanishimye cyane kuba nshoboye kubahiriza uburenganzira bwanjye bwo gutora.”
Abajijweniba yizeye gutsinda ati: “Icyizere ndacyagifite, twashoje (kwiyamamaza) mfiteicyizere cyo gutsindira umwanya wa perezida kuri 55% n’abadepite tukagira 20”.
Frank Habineza ni umukandida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kubungabunga Ibidukikije.
Ku buryo kwiyamamazan’amatora byagenze muri rusange, yagize ati: “ Amatora y’uyu mwaka yagaragajeko u Rwanda rumaze gutera intambwe muri demokarasi, ubu bitandukanye na 2017, kandi na komisiyo y’igihugu yateguye neza aya matora kurusha ubushize.”
AMAKURU MASHYA
Komisiyo y'Igihugu y'Amatora imaze gutangaza ibyibanze byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye kuri uyu wa 14 na 15 Nyakanga.
Komisiyo y'Igihugu y'Amatora yatangaje ko Paul Kagame ariwe uyoboye n'amanota 99.15%
Dr Frank Habineza umukandida watanzwe n’ishyaka Green Party yabonye amanota 0.53%
Mpayimana Phillippe wari umukandida wigenga, yabonye amanota 0.32%
AMAKURU MASHYA
Amatora aziguye y’abadepite 24 b’abagore, abadepite babiri bahagarariye urubyiruko n’umudepite umwe uhagarariye abantu bafite ubumuga yo ku wa 16 Nyakanga 2024 aratangira saa tatu za mu gitondo. Reba ahari site z’itora.
Komisiyo y'Igihugu y'Amatora, yatangaje ko iby’ibanze byavuye mu matora y'Umukuru w'Igihugu byagaragaje ko Kagame Paul yatsinze ku majwi 99.15%, mu gihe abo bari bahanganye, Dr Habineza Frank yagize 0.53% naho Mpayimana Phillippe agira 0.32%.
Komisiyo y'Igihugu y'amatora imaze gutangaza amajwi y'agateganyo mu matora ya Perezida wa Repubulika n'ay'Abadepite rusange n'ibyiciro byihariye. Mu Matora ya Perezida: Kagame Paul: 99.18% Habineza Frank: 0.50% Mpayimana Philippe: 0.32%.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ya Rwanda, NEC, yatangaje gahunda n’amakuru y’ingenzi yerekeye amatora ya Perezida na Abadepite yo mu mwaka wa 2024.
Ibyavuye mu matora by'agateganyo:Ibyavuye mu matora y'umukuru w'igihugu by'agateganyo bizatangazwa mu ijoro ryo ku itariki ya 15 Nyakanga 2024, naho ibyavuye mu matora y'abadepite bizatangazwa ku itariki ya 16 Nyakanga 2024.
Amatora y'Abafite Uburenganzira Budasanzwe:Ku itariki ya 16 Nyakanga 2024, hazaba amatora y'abadepite babiri batorwa n'Inama Nkuru y'Urubyiruko, n'umudepite umwe utorwa n'Inama Nkuru y'Abantu Bafite Ubumuga.
Ibyavuye mu matora by'igihe gito:Ibyavuye mu matora y'umukuru w'igihugu n'abadepite by'igihe gito bizatangazwa ku itariki ya 20 Nyakanga 2024, naho ibyavuye burundu bizatangazwa mbere y'itariki ya 27 Nyakanga 2024.
Igihe cyo kwiyamamaza n'ibyiciro by'amatora:Igihe cyo kwiyamamaza cyatangiye ku itariki ya 22 Kamena 2024 kizarangira ku itariki ya 13 Nyakanga 2024. Amatora azatangira ku itariki ya 14 kugeza ku ya 16 Nyakanga 2024 mu byiciro. Ku itariki ya 14 Nyakanga 2024, Abanyarwanda baba mu mahanga bazatora umukuru w'igihugu n'abadepite 53 baturuka mu mashyaka ya politiki n'abakandida ku giti cyabo. Ku itariki ya 15 Nyakanga 2024, amatora azabera mu Rwanda ku mukuru w'igihugu n'abo badepite.
Amategeko n'amabwiriza:Hakurikijwe itegeko nimero 001/2019.OL ryo ku itariki ya 29 Nyakanga 2019, birabujijwe gukora ibikorwa byo kwiyamamaza cyangwa gutangaza ku munsi w'amatora. Birabujijwe kandi kwambara imyenda ifite ibimenyetso by'amashyaka ya politiki cyangwa abakandida ku giti cyabo. Umukandida ntiyemerewe kwegera ibiro by'itora keretse agiye gutora cyangwa mu gihe cyo kubarura amajwi. Umuturage umaze gutora asabwa guhita ava aho atorera ariko ashobora kugaruka mu gihe cyo kubarura amajwi niba abishaka.
Ibanga n'umutekano:Gutora ni ibanga kandi birabujijwe gufata amafoto mu kibanza cy'itora cyangwa kwereka undi muntu uwo watoye.
Umubare w'abatora n'abagenzuzi:Urutonde rwa burundu rw'abatora rwerekana ko abatora ari 9,071,157, barimo abagabo barenga miliyoni 4.2 n'abagore barenga 53% by'abatora bose, ari bo 4,845,417. Abanyarwanda baba mu mahanga bazatora ni 77,138, barimo abagabo 41,243 n'abagore 35,895.
Itegurwa n'ubugenzuzi:Abakozi b'abakorerabushake barenga 100,000 bashyizwe mu bice bitandukanye by'igihugu gufasha mu matora, kandi abagenzuzi barenga 1,100 bazakurikirana uko amatora agenda.
Mu gihe cy'icyumweru bibiri, Umukuru mushya w'igihugu cya Rwanda azaba azwi.
Paul Kagame(e Rwandan Patriotic Front–Inkotanyi -RPF), Frank Habineza (Democratic Green Party of Rwanda - DGPR) na Philippe Mpayimanaumukandida wigenga
=====
Amakuru agezweho:
======
Komisiyo y'igihugu y'amatora, NEC yatangaje ko umunyarwanda wese utarabashije kwiyimura, akaba yanditse kuri lisiti y’itora ahandi, yemerewe gutorera kuri site y’itora imwegereye agashyirwa ku mugereka
Mu Karere ka Musanze abari kujya gutora bari guhabwa icyayi n'irindazi.
Bamwe banahafatiye ‘Breakfast’: Abanyarwanda bacyereye gutora Perezida mu ituze basanganywe.
Inkoko yari yo ngoma ku Banyarwanda benshi babyukiye kuri site z’itora ngo bigenere amahitamo y’imiyoborere y’imyaka itanu iri imbere, aho baramutse bajya gutora Perezida wa Repubulika ndetse n’Abadepite, mu gikorwa cyari gitegerejwe na benshi. Hari abafatiye ifunguro rya mu gitondo kuri site kuko bazindutse iya rubika.
Ni amatora ya Perezida wa Repubulika y’ay’Abadepite abaye ku nshuro ya mbere ahujwe, aho mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga, mu bice byose by’Igihugu, haramutse hari gukorwa iki gikorwa cy’amatora.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yatangaje ko abatarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora, bafite amahirwe yo kuzuza inshingano zo gutora, kuko bashobora gutorera ahabegereye bagashyirwa ku mugereka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, umunsi wari utegerejwe n’Abanyarwanda benshi, baramukiye mu gikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika, n’ay’Abadepite abaye ku nshuro ya mbere yarahujwe.
Indongozi za Ruhango twazindukiye mu gikorwa cy'amatora, kuri site zitandukanye z'Akarere abaturage bitabiriye iki gikorwa ku bwinshi
Muri iki gitondo, mu gihugu hose Abanyarwanda bazindukiye gutora Umukuru w'igihugu n'abadepite.
Kandida-Perezida w'ishyaka #DGPR Frank Habineza, nyuma yo gutora, yatangajeko afite ikizere cyo gutsinda aya matora ndetse anashima NEC uko yateguye aya matora ugereranyije n'aya 2017.
Umukandida-Perezida wa #DGPR Hon Frank Habineza ari kumwe na Madame we bamaze gutora perezida wa repubulika ndetse n’abadepite kuri site ya GS Kimironko II, akagari ka Bibare, Umurenge wa Kimironko, Akarere ka Gasabo.
Nsengiyumva Janvier, Umukandida wigenga ku mwanya w’Abadepite yatoreye, kuri site y’itora ya Gatsinsino mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Nyanza
Minisitiri w’Ubutegetsi bw'Igihugu JC Musabyimana amaze gutorera umukuru w'igihugu n'abadepite mu karere ka Musanze, umurenge wa Cyuve kuri site ya Gashangiro ya II.
Kuri site ya ULK mu murenge wa Gisenyi, hari imyiteguro idasanzwe, aho abari kujya gutora bari kunyura kuru tapi isashe mu nzira ijya mu cyumba cy'itora
Kuri site zitorerwaho zose, abatora bahazindukiye ndetse bagaragarizwa ko mbere yo gutora, udusanduka dushyirwamo impapuro zitora difunze mu buryo bwizewe
Umukandida Paul Kagame arimo gutora
Umukandida Philippe Mpayimana arimo gutora
Umukandida perezida wigenga Philippe Mpayimana,yatoreye kuri Site ya Camp Kigali, kandi yabwiye abanyamakuru ko afite icyizerecyo gutsinda.
Mpayimana yabwiye abanyamakuru ko natsinda azashyira mu bikorwaimigambi yemereye abaturage kandi ko atabikoze abantu bagomba kubimubaza kukoyabivugiye kumugaragaro.
Mpayimana yashimye uko ibikorwa byo kwiyamamazan’amatora byagenze neza kandi asaba ko guhuza amatora ya perezida n’abagizeinteko ishinga amategeko byakomeza kujya bikorwa ku munsi umwe.
Mu matora ya 2017, Mpayimana nabwo wariumukandida wigenga yabaya uwa kabiri inyuma ya Paul Kagame aho yabonye amajwi0.7%.
Umukandida Frank Habineza arimo gutora
Umukandida perezida Frank Habineza amaze gutorera kuri site y’itora ya GS Kimironko II iKigali, nyuma yo gutora yabwiye abanyamakuru ati:
“Ndumvanishimye cyane kuba nshoboye kubahiriza uburenganzira bwanjye bwo gutora.”
Abajijweniba yizeye gutsinda ati: “Icyizere ndacyagifite, twashoje (kwiyamamaza) mfiteicyizere cyo gutsindira umwanya wa perezida kuri 55% n’abadepite tukagira 20”.
Frank Habineza ni umukandida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kubungabunga Ibidukikije.
Ku buryo kwiyamamazan’amatora byagenze muri rusange, yagize ati: “ Amatora y’uyu mwaka yagaragajeko u Rwanda rumaze gutera intambwe muri demokarasi, ubu bitandukanye na 2017, kandi na komisiyo y’igihugu yateguye neza aya matora kurusha ubushize.”
AMAKURU MASHYA
Komisiyo y'Igihugu y'Amatora imaze gutangaza ibyibanze byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye kuri uyu wa 14 na 15 Nyakanga.
Komisiyo y'Igihugu y'Amatora yatangaje ko Paul Kagame ariwe uyoboye n'amanota 99.15%
Dr Frank Habineza umukandida watanzwe n’ishyaka Green Party yabonye amanota 0.53%
Mpayimana Phillippe wari umukandida wigenga, yabonye amanota 0.32%
AMAKURU MASHYA
Amatora aziguye y’abadepite 24 b’abagore, abadepite babiri bahagarariye urubyiruko n’umudepite umwe uhagarariye abantu bafite ubumuga yo ku wa 16 Nyakanga 2024 aratangira saa tatu za mu gitondo. Reba ahari site z’itora.
Komisiyo y'Igihugu y'Amatora, yatangaje ko iby’ibanze byavuye mu matora y'Umukuru w'Igihugu byagaragaje ko Kagame Paul yatsinze ku majwi 99.15%, mu gihe abo bari bahanganye, Dr Habineza Frank yagize 0.53% naho Mpayimana Phillippe agira 0.32%.
Komisiyo y'Igihugu y'amatora imaze gutangaza amajwi y'agateganyo mu matora ya Perezida wa Repubulika n'ay'Abadepite rusange n'ibyiciro byihariye. Mu Matora ya Perezida: Kagame Paul: 99.18% Habineza Frank: 0.50% Mpayimana Philippe: 0.32%.