Amatora rusange yo mu Rwanda 2024: Komisiyo y'Igihugu y'Amatora yatangaje ko Paul Kagame ariwe uyoboye n'amanota 99.15%

Uyu munsi abanyarwanda bitabiriye amatora yiswe amatora, ariko mubyukuri muri make bakunda imikino ya Tom na Jerry kubera iki?

Kuberako uwatsinze asanzwe azwi.
 
Presidential and Parliamentary Elections | Gasabo, 15 July 2024
Your browser is not able to display this video.
 
Komisiyo y'Igihugu y'Amatora imaze gutangaza ibyibanze byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye kuri uyu wa 14 na 15 Nyakanga.

Komisiyo y'Igihugu y'Amatora yatangaje ko Paul Kagame ariwe uyoboye n'amanota 99.15%

Dr Frank Habineza umukandida watanzwe n’ishyaka Green Party yabonye amanota 0.53%

Mpayimana Phillippe wari umukandida wigenga, yabonye amanota 0.32%
 

"Iriya mibare, n’iyo biza kuba 100% ntabwo ari imibare gusa. Iriya mibare irimo kiriya cyizere, ni cyo cya ngombwa. Ni ibintu bidasanzwe, ni yo mpamvu abenshi batabyumva, bakabinenga bigakomeza ahubwo bikiyongera. Ibi kandi ndabigarukaho, ni ubudasa, ni ubudasa bwa FPR, ni ubudasa bw’Abanyarwanda."- Perezida #Kagame nyuma y'itangazwa ry'amajwi.
 
Ku munsi wa Gatatu w’amatora ya Perezida wa Repubulika n’Abadepite mu 2024, haratorwa abahagarariye ibyiciro byihariye mu Nteko Ishinga Amategeko.Abatorwa ni Abadepite 24 b’abagore, babiri bahagarariye urubyiruko n’umudepite umwe uhagarariye abantu bafite ubumuga.
 
Mu Ntara y'Amajyepfo mu matora ya 30% bahagarariye abagore, mu bakandida 60 biyamamaje haratorwamo abadepite 6 bayihagarariye.Kuri Site y'Itora ya Musamo mu Karere ka Ruhango, abagore 100 ni bo batora.Inteko Itora igizwe n'abayobozi b'Inama y'Igihugu y'Abagore kuva ku rwego rw'umudugudu kugeza ku rwego rw'igihugu n'abahagarariye njyanama z'imirenge n'uturere
 
Bamwe mu bagize Inteko Itora mu cyiciro cy'abantu bafite ubumuga bamaze kugera ku Karere ka Musanze aho bagiye gutora umudepite umwe uzaba abahagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko.
 
MURARARITSWE: Tubararikiye igikorwa cyo gutangaza ibyavuye mu matora y’Abadepite Ni saa 17h00
 
Ubushize yagize 98%, none yagize 99%. Ntawnze ko ayobora kuko no mu biyamamaje uretse inda,ntawe urimo ufite ubushobozi bwayobora umudugudu,uretse n'igihugu. Ariko kandi ukuri kuriho,ni uko byagaragaye ko bari bahanganye n'intare. Hari abaturage benshi bavuye kuri RPF,batayitoye. Ukuri kugiye ahagaragara yagira nko 80-92%
 
Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) washimiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuba yaratsinze amatora n’amajwi 99,18%, agakomeza kuyobora u Rwanda.
 
Cookies are required to use this site. You must accept them to continue using the site. Learn more…