Abagize Ihuriro ry'Igihugu Nyunguranabitekerezo ry'Imitwe ya Politiki mu Rwanda, bahuriye mu nama yiga ku kibazo cy'umutekano muke wo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.Nyuma y’iyi nama iri huriro ryatangaje ko rishyigikiye Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, ku cyerekezo afitiye u Rwanda harimo no guharanira amahoro arambye. Ryavuze kandi ko rishyigikiye ingamba z’ubwirinzi zashyizweho na Leta y’u Rwanda zo kurinda ubusugire bw’igihugu no kubungabunga umutekano w’Abanyarwanda.