Marie Antoinette
JF-Expert Member
- Jan 28, 2019
- 426
- 412
Umutwe witwaje intwaro wa M23 ukomeje kwagura ibirindiro byawo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’aho ufashe umujyi wa Goma mu mpera za Mutarama 2025.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 12 Gashyantare, abarwanyi ba M23 babyukiye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, bafata agace ka Ihusi kari mu ntera y’ibilometero bigera kuri 70 ugana mu mujyi wa Bukavu.
Bivugwa kandi ko M23 yanamaze gufata santere ya Kalehe yose iherereye muri teritwari ya Kalehe, ingabo za RDC, iz’u Burundi, Wazalendo na FDLR zari ziyirimo, zihunga zerekeza mu majyepfo.
Utu duce twiyongereye ku tundi M23 isanzwe igenzura muri Kivu y’Amajyepfo turimo santere ya Minova, Lumbishi, Numbi, Nyabibwe na Kavumu iherereyemo ikibuga cy’indege cy’ingenzi muri iyi ntara.
Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yasabye Leta ya RDC guhagarika amarorerwa akomeje gukorerwa i Bukavu no mu nkengero, agaragaza ko ingabo z’amahanga ikorana na zo nta mpuhwe zigirira abaturage.
Bisimwa yagize ati “Leta ya Kinshasa igomba guhagarika amarorerwa ingabo zayo ziri gukorera mu mujyi wa Bukavu no mu nkengero zawo. Kinshasa yatumiye ingabo z’amahanga zitagirira abaturage bacu impuhwe.”
Perezida wa M23 yatangaje ko Abanye-Congo batuye i Bukavu no mu nkengero babuze aho bahungira bitewe n’ubu bugizi bwa nabi bari gukorerwa, nyamara Leta ya RDC ifite inshingano yo kubarinda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 12 Gashyantare, abarwanyi ba M23 babyukiye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, bafata agace ka Ihusi kari mu ntera y’ibilometero bigera kuri 70 ugana mu mujyi wa Bukavu.
Bivugwa kandi ko M23 yanamaze gufata santere ya Kalehe yose iherereye muri teritwari ya Kalehe, ingabo za RDC, iz’u Burundi, Wazalendo na FDLR zari ziyirimo, zihunga zerekeza mu majyepfo.
Utu duce twiyongereye ku tundi M23 isanzwe igenzura muri Kivu y’Amajyepfo turimo santere ya Minova, Lumbishi, Numbi, Nyabibwe na Kavumu iherereyemo ikibuga cy’indege cy’ingenzi muri iyi ntara.
Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yasabye Leta ya RDC guhagarika amarorerwa akomeje gukorerwa i Bukavu no mu nkengero, agaragaza ko ingabo z’amahanga ikorana na zo nta mpuhwe zigirira abaturage.
Bisimwa yagize ati “Leta ya Kinshasa igomba guhagarika amarorerwa ingabo zayo ziri gukorera mu mujyi wa Bukavu no mu nkengero zawo. Kinshasa yatumiye ingabo z’amahanga zitagirira abaturage bacu impuhwe.”
Perezida wa M23 yatangaje ko Abanye-Congo batuye i Bukavu no mu nkengero babuze aho bahungira bitewe n’ubu bugizi bwa nabi bari gukorerwa, nyamara Leta ya RDC ifite inshingano yo kubarinda.