Marie Antoinette
JF-Expert Member
- Jan 28, 2019
- 426
- 412
Igisirikare cya Tanzania cyatangaje ko giheruka gupfusha abasirikare babiri abandi bane bagakomereka, mu ntambara iheruka guhuza Umutwe wa M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe bifatanya irimo FDLR, Wazalendo, Ingabo z’Abacanshuro ndetse n’iza SADC.
Itangazo rigira riti “Nyuma y’ibitero byinshi muri Sake na Goma uduce dufitwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23 ku wa 24 na 28 Mutarama 2025, Igisirikare cya Tanzania cyatakaje abasirikare babiri abandi bane barakomereka. Abakomeretse bari guhabwa ubuvuzi i Goma.”
Igisirikare cya Tanzania kandi cyagaragaje ko ingabo zacyo ziri muri RDC kuri ubu zitekanye kandi zizakomeza inshingano zazo bijyanye n’amabwiriza azatangwa n’ubuyobozi bwa SADC.
Itangazo rigira riti “Nyuma y’ibitero byinshi muri Sake na Goma uduce dufitwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23 ku wa 24 na 28 Mutarama 2025, Igisirikare cya Tanzania cyatakaje abasirikare babiri abandi bane barakomereka. Abakomeretse bari guhabwa ubuvuzi i Goma.”
Igisirikare cya Tanzania kandi cyagaragaje ko ingabo zacyo ziri muri RDC kuri ubu zitekanye kandi zizakomeza inshingano zazo bijyanye n’amabwiriza azatangwa n’ubuyobozi bwa SADC.