Marie Antoinette
JF-Expert Member
- Jan 28, 2019
- 426
- 412
U Rwanda rurishyuza u Bwongereza Miliyoni 50 z'Amapawundi (abarirwa muri Miliyari zisaga 89 z’Amafaranga y’u Rwanda) nyuma y'uko u Bwongereza butubahirije amasezerano bwari bwaragiranye n'u Rwanda yo kohereza abimukira mu Rwanda.
U Bwongereza bwari bwarasabye u Rwanda ko rwareka kwishyuza ayo mafaranga, hashingiwe ku mubano mwiza ibihugu byombi byari bifitanye.
Icyakora u Bwongereza bwatumye u Rwanda rubutera icyizere nyuma y'uko bufatiye u Rwanda ibihano bidasobanutse, nyuma yo guhatira u Rwanda gukuraho ingamba zo kurinda umutekano ku mupaka warwo, ibyo bikiyongeraho amagambo mabi agamije gusebya u Rwanda aherutse gutangazwa na Minisitiri w'u Bwongereza ushinzwe Afurika, Lord Collins, ubwo yari imbere y'Inteko Ishinga Amategeko y'u Bwongereza, tariki 26 Gashyantare 2025.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko u Rwanda rugomba guhabwa ayo mafaranga nk’uko biteganywa n’amategeko.
U Bwongereza bwari bwarasabye u Rwanda ko rwareka kwishyuza ayo mafaranga, hashingiwe ku mubano mwiza ibihugu byombi byari bifitanye.
Icyakora u Bwongereza bwatumye u Rwanda rubutera icyizere nyuma y'uko bufatiye u Rwanda ibihano bidasobanutse, nyuma yo guhatira u Rwanda gukuraho ingamba zo kurinda umutekano ku mupaka warwo, ibyo bikiyongeraho amagambo mabi agamije gusebya u Rwanda aherutse gutangazwa na Minisitiri w'u Bwongereza ushinzwe Afurika, Lord Collins, ubwo yari imbere y'Inteko Ishinga Amategeko y'u Bwongereza, tariki 26 Gashyantare 2025.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko u Rwanda rugomba guhabwa ayo mafaranga nk’uko biteganywa n’amategeko.