World Vision Rwanda igiye kwishyurira kaminuza abapasiteri 133

World Vision Rwanda igiye kwishyurira kaminuza abapasiteri 133

Twin_Kids

JF-Expert Member
Joined
Feb 25, 2016
Posts
3,692
Reaction score
5,647
Umuryango Mpuzamahanga wa Gikirisitu, World Vision, Ishami ry’u Rwanda, ugiye kwishyurira Abapasiteri 133 bo mu madini n’amatorero 10 yo mu Rwanda, kugira ngo bajye kwiga muri kaminuza biyungure ubumenyi mu by’iyobokamana.
Ibi byatangajwe mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro iyi gahunda wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 10 Mutarama 2025.
Abatoranyijwe ba mbere baziga muri kaminuza zisanzwe zifite aya masomo harimo Kaminuza ya Gikirisitu ishamikiye ku Itorero rya Anglican ry’u Rwanda na East African Christian College (EACC), kandi bazatangira amasomo ku wa 17 Mutarama 2024.
Icyiciro cya mbere kigizwe n’abagera ku 133 barimo abagabo 108 n’abagore 25 bazishyurirwa igihe kingana n’umwaka umwe, mu gihe bazakurikirwa n’ikindi cya kabiri kizaba kigizwe n’abagera ku 167.
Nubwo iki gikorwa kitazahoraho, cyitezweho gukemura ikibazo cy’ifungwa ry’insengero biturutse ku kuba nta bapasiteri babyigiye bahari.
 
Back
Top Bottom